ITANGAZO RYO GUTANGA ISOKO
Umushinga RW0884 EAR Paruwasi Ntarama, ukorera mu karere ka bugesera, Umurenge wa Ntarama, Akagali ka Kanzenze, uterwa inkunga na Compassion International mu Rwanda, Unejejwe no kumenyesha abantu bose babyifuza ko wifuza gutanga isoko ryo gutanga ibiribwa ugaburira abana kuwa gatandatu baje ku umushinga gukurikirana amasomo yabo
Abifuza gupiganirwa iri soko bagomba kuba bagejeje amabaruwa yabo ku biro by’umushingaRW0884 bitarenze kuwa10/08/2026 saa sita zuzuye (12h00). Gufungura amabaruwa ni kuri iyo taliki saa sita n’iminota itanu(12h05).Amabaruwa agomba kuba arimo ibi bikurikira:
- Ibaruwa isaba isoko iriho numero ya konti ijyanye n’icyemezo cy’ubucuruzi.
- Icyemezo cy’ubucuruzi cya RDB (Certificate of Domestic Campany Registration) kigaragaza ko wemerewe gukora ibyo wasabye gupiganirwa.
- TIN number (Notice of Register)
- Icyemezo cya TVA (VAT Certificate)
- Kugaragaza igiciro cya kimwe ni cya byose (facture proforma)
- Icyemezo cyo kutabamo umyenda w’imisoro(Tax clearance certificate)
- Kuba ukoresha electronic billing machine (EBM)
- Photocopie y’indangamuntu
- Icyitonderwa:Uzatsindira iri soko agomba kuba yatangira gutanga ibiribwa bitarenze taliki 14/08/2026.
Abifuza gupiganirwa iryo soko, baza gufata ibitabo bikubiyemo amabwiriza arigenga nyuma yo kugaragaza inyemeza bwishyu yo kugura igitabo cy’isoko(DAO) ibihumbi icumi(10,000frw) bidasubizwa kuri konte NO:100162798687 ya RW0884EAR NTARAMA iri muri Bank ya Kigali(BK).
Abacyeneye ibindi bisobanuro babariza ku biro by’umushinga aho ukorera i Ntarama,cyangwa bagahamagara kuri 0788582529/0788657118. Cyangwa kuri email: rw0884earntarama2@gmail.com.
Bikorewe i Ntarama, kuwa 27/07/2026
Rev.John BANGAMWABO
Umuyobozi wa Paruwasi ya EAR Ntarama