SOCIETE DE SAINT VINCENT DE PAUL AU RWANDA
B.P 287 KIGALI
Tel: 0788643837
E-mail : ssvp_rwanda@yahoo.fr
TIN : 100992553
ITANGAZO RY'AKAZI
Ubuyobozi bw’Umuryango wa Mutagatifu Visenti wa Pawulo mu Rwanda ufite icyicaro mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, buramenyesha abantu bose babyifuza ko bushaka gutanga akazi ku mwanya w’Umuhuzabikorwa w’Umuryango.
Ibisabwa kuri uwo mwanya:
- Kuba afite Dipolome y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu Mashami akurikira:
- Business Administration
- Business Information and Technology
- Public Administration
- Management
- Project Management
- Kuba afite uburambe nibura bw’imyaka itatu mu buyobozi bwa Leta cyangwa Imiryango Nyarwanda itari iya Leta, n’ibigo by’abikorera.
- Kuba azi neza kuvuga no kwandika Ikinyarwanda, Icyongereza n’Igifaransa
- Kuba azi ikoranabuhanga rigezweho (Word, Excel, Power Point).
- Umukandida agomba kuba afite imyaka guhera kuri 25 kandi atarengeje 45
Ibyangombwa bisabwa:
- Ibaruwa isaba akazi yandikiwe Umuyobozi w’Umuryango wa Mutagatifu Visenti wa Pawulo
- Fotokopi ya Dipolome iriho umukono wa Noteri
- Umwirondoro (Curriculum Vitae- CV)
- Fotokopi y'indangamuntu
Inshingano zijyanye n’uwo mwanya:
- Gukurikirana no guhuza ibikorwa by’Umuryango bya buri munsi
- Gutegura igenamigambi ry’ibikorwa by’Umuryango
- Gutegura ingengo y’imari y’ibikorwa by’Umuryango no gukora raporo igaragaza ishyirwa mu bikorwa ryabyo.
- Gutegura no gukurikirana imishinga ishyikirizwa abafatanyabikorwa n’abaterankunga
- Gukora izindi nshingano ahabwa n’Ubuyobozi kandi ziri mu nyungu z’Umuryango
Dosiye isaba akazi igomba kugezwa ku Cyicaro cy’Umuryango, aho ukorera hafi ya Kiliziya ya Sainte Famille, bitarenze ku itariki ya…25./09/2026, Saa 17h00.
Ku bindi bisobanuro mwahamagara kuri nimero zikurikira:
- 0784558281
- 0788857394
NGAYABERURA Jean Damascene
Umuyobozi w’Umuryango wa Mutagatifu Visenti wa Pawulo